Shakisha

Abo Turibo

Health Lab , Iterambere rya serivisi, amakuru n'inyigisho k'ubuzima

Ubutumwa

Gutanga serivisi zijyanye n'inyigisho ku buzima rusange zingana kuri bose, zoroshye kugerwaho kandi zifite ireme hifashishijwe ikoranabuhanga.

Icyerekezo

Guteza imbere ubushobozi bwo kwifatira umwanzuro k'ubuzima hagamijwe kurema umuryango rusange ufite ubuzima buzira umuze binyuze munyigisho

Iriburiro

Umuvuduko w'ikoranabuhanga mu buvuzi n'ubuzima rusange kw'isi hose byazanye Impinduka zikomeye. Guhanga udushya byazamuye urwego rw'ubuvuzi n'ubuzima rusange binyuze mu kwigisha abaturage ibijyanye n'ubuzima rusange ndetse no gutanga amakuru ajyanye n'ubuzima kunzego bireba kandi kugihe. Nkuko kw'isi yose intumbero aruguteza imbere serivisi zijyanye n'ubuzima (ubuvuzi) hifashishijwe ikoranabuhanga, leta z'ibihugu kw'isi yose zakoze ishoramari mugushyiraho ibikorwa remezo hagamijwe koroshya ko serivisi z'ubuzima (ubuvuzi) zigera kuri benshi kandi mugihe gito mu nguni zose z'isi hagamijwe gukora isakazwa rya serivisi n'amakuru k'ubuzima (ubuvuzi). Naho telefone ngendanywa zikaba zimaze kugera kw'ijanisha ryo hejuru cyane hirya no hino mubatuye isi muri rusange. Icyerekezo cy'ikoranabuhanga m'ubuzima (ubuvuzi), nugukoresha ikoranabuhanga rigezweho m'ubuvuzi hagamijwe gufasha itangwa rya serivisi n'inyigisho bijyanye no kwita k'ubuzima rusange byose bigakorwa kukiguzi gito cyoroheye benshi, bityo bigafasha kuzamura ireme mugutanga no guhabwa serivisi zijyanye no kwita k'ubuzima rusange. Hashingiwe kuribi byose, itsinda ry'abaganga ryatangije uburyo bise "Health Lab " nk'umuryango uharanira Inyungu za rubanda hagamijwe guteza imbere itangwa rya serivisi n'inyigisho bijyanye n'ubuzima (ubuvuzi) bikagera kuri benshi m'uburyo bwihuse kandi buhendutse, byose bigakorwa hifashishijwe ikoranabuhanga rigezweho.

Ibyo Health Lab yibandaho

Health Lab CBC ni Umuryango uharanira inyungu za rubanda binyuze mukorohereza abaturage muri rusange kubona inyigisho na serivise zijyanye n'ubuzima hifashishijwe ikorana buhanga. Health Lab n'ihuriro rusange rigamije kuzamura ireme ry'ubuzima cyane cyane hibandwa ku gukora ubukangura Mbaga Kundwara muri rusange twavuga nko gutegura inyigisho zireba rubanda zigisha gukoresha Imiti Neza, inyigisho zigisha kwirinda indwara no kuzivuza, inyigisho k'ubuzima bwo mumutwe, inyigisho k'ubuzima bw'imyororokere no kuboneza Urubyaro n'inyigisho zibanda kugutegura Indyo yuzuye. Health Lab kandi ifite uburyo bufasha abaturage gutanga amakuru ajyanye n'ubuzima yakifashishwa mukuzamura ireme ry'ubuzima twavuga nk'amakuru kundwara z'ibyorezo, amakuru ku miti itujuje ubuziranenge, amakuru kw'ihohoterwa rishingiye kugitsina n'ibindi bifitanye isano n'amakuru kw'ikoreshwa ry'ibiyobyabwenge...

Impinduka za Health Lab k'ubuzima rusange

Impinduka za Health Lab k'umuryango nyarwanda nabayikoresha muri rusange n'ingenzi. Hifashishijwe inyigisho k'ubuzima zitangwa na Health Lab m'uburyo bw'ikoranabuhanga, Health Lab ibasha kugeza kuri benshi amakuru na serivisi byizewe bijyanye n'ubuzima rusange m'uburyo bworoshye kandi buhendutse, hatitawe kumyaka, igitsina cyangwa akarere burimwe aherereyemo. Uruhare n'umurava bya Health Lab mugutanga serivisi zayo, byongereye abayikoresha muri rusange gusobanukirwa no kwita k'ubuzima bwabo. Beshi bayikoresha batewe ishema n'uburyo bushya yabashyiriyeho.

Gufungura ubuzima bwiza Gahunda yacu z'ubuzima rusange

"Muri Health Lab, twiyemeje guteza imbere umuryango ufite ubuzima bwiza kandi wifitemo ubumenyi binyuze muri gahunda zacu zitandukanye. Uretse gushyira imbere gahunda zo guteza imbere uburinganire, dukora nk’ikigo cy’indashyikirwa ,tukita ku bibazo bitandukanye by’ubuzima kandi dutanga serivisi zuzuye ku baturage.

Gahunda zacu zikubiyemo serivisi zitandukanye, harimo gahunda z'uburezi mu bijyanye n'ubuzima bwo mu mutwe, inyigisho ku kuboneza urubyaro no gukemura ikibazo cy'inda zitateguwe mu bakobwa bato.Dutanga gahunda z'uburezi ku mirire myiza, ubukangurambaga bwo kumenya indwara no kuzirinda, dufasha abantu kumenya uko barwanya ibiyobyabwenge n’ingaruka zo gukoresha ibicuruzwa byangiza

"Kimwe mu byo twibandaho cyane ni ukwigisha abaturage uko bakoresha neza ibicuruzwa by’imiti no kumenya uburyo bwo gutahura ukuri kw’imiti. Intego yacu ni ukurwanya ikoreshwa ry’imiti itujuje ubuziranenge, iy'ibihimbano, iyarengeje igihe, cyangwa yangiritse, kugira ngo turinde umutekano n’ubuzima bw’abaturage bacu.

Byongeye kandi, Health Lab itanga serivisi zo kwigisha abantu ku buzima bw’imyororokere, ibibazo by’uburumbuke, n’ibindi, itanga amakuru arambuye kandi aboneka kuri bose hagamijwe guteza imbere ubuzima bwiza rusange. Twifatanye muri uru rugendo rwo guteza imbere ubuzima bwiza no guha abantu ubushobozi bwo kubaho ubuzima bwiza kandi butekanye
  • Ubuzima bwo mumutwe
  • Ubuzima bw'imyororokere
  • Ubumenyi kundwara
  • Gukoresha Imiti Neza
  • Indyo yuzuye/ Imirire

Intego zacu

Mu rwego rwo kurema umuryango ufite ubuzima bwiza, Health Lab yatangije uburyo bushya bwo korohereza abaturage n'abakoresha serivisi zayo muri rusange kwita no gusobanukirwa byinshi k'ubuzima bwabo ndetse no kubona serivisi zijyanye n'ubuzima (ubuvuzi) m'uburyo bworoshye kandi kugihe. Byose bikorwa hashingiwe Ku ntego zayo zikurikira:
⁠Health Lab intego y'ibanze n'ugukora ubukangurambaga bujyanye no korohereza abaturage kubona imiti bandikiwe na muganga no kubigisha gukoresha imiti neza binyuze mukubahuza n'abahanga muby'imiti hifashishijwe ikoranabuhanga.
⁠Gushyiraho uburyo rusange bwizewe kandi bwihuse bujyanye no gutanga amakuru ajyanye n'ubuzima mw'ibanga.
Guteza imbere ubukangurambaga k'ubuzima bugera kuri bose hifashishijwe uburyo bw'ikoranabuhanga no kugera ku abaturage.
⁠Kuzamura ubufatanye n'imikoranire n'imiryango mpuzamahanga hagamijwe ubufatanye mukuzamura ireme rya serivisi zitangwa na Health Lab.
Kugira uruhare mukuzamura ireme ry'ubuzima kuri bose haba mu Rwanda ndetse no mumahanga.

Itsinda Ryacu

Board of directors

Phn. Emmy Rugamba

Executive Director

Mr. Nathan Rutayisire

Deputy Executive Director

Mrs. Aimee Uwera

Treasurer

Mr. Octave Mwizerwa

Director Of Community Outreach And Operations

Mrs. Leonardine Katabarwa

Senior Program Officer-Gender Inclusion

Mr. John Niyonzima

Director Of Finance

Staff Members

Mr. James Shyaka

Public Health Analyst

Dr. Muhoza Norbert

Internal Medicine Officer

Eng. Depute N.Alphonse

Senior It Engineer

Dr. Byaruhanga GeorgeA

Clinical Surgery Officer

Dr. Tuyishime Hildebrand

Gyneco – Obstri Officer

Mr. Steven Bajeneza

Mental Health Officer

Mr. Mugiraneza Emmy

Youth Engagement Advisor

Mr. Mugabo Derrick

Senior Communication Officer

Muganga Nsengiyumva Boniface

Pediatric Advisor

Dr. Itangishaka Emmanuel

Gyneco-Obstri Officer

Mr. Clement Bizimana

Community Nutrition And Vaccination Advisor

Mr. Kimenyi Diogene

Director Of Public Relations And Strategic Development

Phn. Minani Theobald

Medication Safety Officer